Bukayo Saka yanenze uko Arsenal yitwaye imbere ya Wolverhampton Wanderers

Bukayo Saka yanenze uko Arsenal yitwaye imbere ya Wolverhampton Wanderers

 Feb 19, 2026 - 09:28

Rutahizamu ukina ku mpande za Arsenal, Bukayo Saka yatangaje ko atanyuzwe n’imikinire y’ikipe ye nyuma yo kunganya ibitego 2-2 na Wolves mu mukino wa shampiyona wabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu.

Uyu mukinnyi w’ikipe y’igihugu y’u Bwongereza yavuze ko igice cya kabiri cy’umukino cyagaragaje intege nke zikomeye, ashimangira ko bitari ku rwego ikipe yari imazeho iminsi muri uyu mwaka w’imikino.

Saka wari wambaye igitambaro cya kapiteni kubera ko kapiteni usanzwe, Martin Ødegaard, atari ahari, yavuze ko abakinnyi bagomba kwisuzuma vuba bagakosora amakosa bityo bikaba byabageza ku gikombe.

Nubwo Saka na Piero Hincapié ari bo batsinze ibitego byafashije Arsenal kubona inota rimwe, uyu musore yavuze ko ibi bidahagije ku ntego ikipe yihaye muri uyu mwaka.

Mu kiganiro yagiranye na Sky Sports, Saka yagize ati:

“Twagize umukino utameze neza cyane. Tubabajwe n’umusaruro n’uburyo twakinnye, cyane cyane mu gice cya kabiri. Ni kure cyane y’intego twihaye nk’ikipe muri uyu mwaka.”

Yakomeje avuga ko ari ngombwa ko ikipe ikosora ibitagenda neza vuba bishoboka kugira ngo isubire ku ntsinzi mu mikino iri imbere.

Arsenal ikomeje guhatanira igikombe cya Premier League, ariko kunganya na Wolves byatumye igitutu cyiyongera ku bakinnyi n’abatoza kuko hasigayemo ikinyuranyo cy’amanota atanu gusa hagati yayo na manchester city igifite umukino w’ikirarane. 

Umwanditsi: NIYOMUKIZA Gratien