Manchester United yanze kugabanya igiciro cya Marcus Rashford  kuri FC Barcelona

Manchester United yanze kugabanya igiciro cya Marcus Rashford kuri FC Barcelona

 Feb 17, 2026 - 22:10

Manchester United yatangaje ko nta gahunda ifite yo kongera kuganira ku igiciro cya Marcus Rashford, nubwo hari amakuru yavugaga ko Barcelona ishobora kongera kugerageza ngo kigabanuke maze imugure.

Aya makipe yombi yari yarumvikanye igiciro ubwo Rashford yajyaga muri Barcelona mu mpeshyi ishize mu buryo bw’intizanyo, aho iyi kipe yo muri Espagne yari ifite amahitamo yo kumugura burundu ku mafaranga angana na miliyoni 26 z’amapawundi mu mpera z’uyu mwaka w’imikino.

Uyu mukinnyi w’imyaka 28 yitwaye neza muri Espagne, aho amaze gutsinda ibitego 10 anatanga imipira 13 yavuyemo ibitego mu mikino 34 yakinnye, bikaba byatumye  Barcelona  yumva ishaka kumugumana.

Ariko amakuru ava muri Manchester United avuga ko nta biganiro bishya bizaba, kandi ko Barcelona igomba kwishyura amafaranga yose yumvikanyweho niba ishaka kumugumana.

Manchester United yizeye ko kugurisha Rashford no gukuraho umushahara we munini ku rutonde rw’abakinnyi ihemba bizayifasha kugabanya amafaranga asohoka muri iyi mpeshyi.

Byongeye kandi, iyi kipe izanazigama amafaranga menshi mu gihe abakinnyi nka Casemiro na Jadon Sancho bazaba barangije amasezerano yabo muri Kamena.

Manchester United iri gushyira imbaraga mu kugaruka mu irushanwa rya UEFA Champions League nyuma yo kwinjira mu makipe ane ya mbere muri Premier League kuri iyi ngoma y’umutoza  Michael Carrick.

Kubera kutabasha gukina iri rushanwa byayihombeje hafi miliyoni 100 z’ama-pawundi, ndetse inishyura miliyoni 10 z’ihazabu ku mufatanyabikorwa wayo Adidas. Hari kandi amafaranga yishyuwe nk’indishyi ku wahoze ari umutoza Ruben Amorim wirukanwe muri Mutarama bityo babonako bamaze guhomba amfaranga menshi.

 Muri rusange, kugurisha Rashford no kwitabira Champions League bizaba ingenzi cyane mu kuzahura ubukungu bwa Manchester United no kubaka ejo hazaza heza.

Umwanditsi: NIYOMUKIZA Gratien