Mu rugendo rumwe gusa, iyi modoka yamuhaye impuruza zirenga 20, zimuburira ko asa n’uri gusinzira cyangwa yananiwe gutwara. Buri butumwa bwamusabaga kongera kwitwararika, nyamara we avuga ko yari yitonze kandi atigeze yumva ananiwe.
Ikibazo cyaturutse ku ikoranabuhanga rishingiye ku kumenya isura (facial recognition) no gukurikirana imikorere y’amaso, rigamije kongera umutekano mu muhanda hamenyekana ibimenyetso byo gusinzira.
Ariko iki kibazo cyatewe n’uko sisiteme yasobanuye nabi imiterere karemano y’amaso y’uwo mugabo kuko ari mato maze iyafata nk’afunze, bityo itangira gutanga impuruza nyinshi.
Ibi byateje impaka ndende ku mbuga nkoranyambaga, aho benshi bagaragaje ko nubwo ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano (AI) rifasha mu kurengera ubuzima, rishobora kugira aho ribogamira bitewe n’amakuru ritanga.
Nubwo bimeze bityo ariko hari abavuze ko niba sisiteme zitozwa ku bwoko bumwe bw’isura, zishobora kudakorera neza abantu bose mu buryo bungana.
Nubwo izi sisiteme zo gutwara ibinyabiziga bumaze kurokora ubuzima bwinshi binyuze mu kuburira abashoferi bananiwe, iyi nkuru yerekanye ko hari aho zishobora kurushaho kunozwa kugira ngo zirusheho kuba inyangamugayo kandi zihuze n’imitere itandukanye y’abantu.
Umwanditsi: NIYOMUKIZA Gtarien
