Mbere Ancelotti yari yavuze ko Neymar ashobora kuzakina umukino wa mbere cyangwa uwa kabiri wa Brazil mu matsinda y’Igikombe cy’Isi kizabera muri Amerika, Canada na Mexique, ariko yaje kwisubira avuga ko nta mpamvu ihari yo kubyihutisha.
Mu cyumweru gishize umuganga w’ikipe ya Brazil Rodrigo Lasmar yatangaje ko Neymar w’imyaka 34 y'amavuko yagize ikibazo cy’imitsi kandi ko ashobora kumara ibyumweru bitatu adakina.
Iyi kipe iheruka igikombe cy’Isi muri 2002, izatangira iri rushanwa ikina na Maroc tariki ya 13 Kamena 2026. Gusa Ancelotti yavuze ko nubwo Neymar ari gukira neza, nta mpamvu yo kumwihutisha.
Yagize ati: “Ari gukira neza, ameze neza ariko nta bwihutirwe dufite bwo kumukinisha.”
Kuba Neymar yarahamagawe mu bakinnyi 26 bazakina Igikombe cy’Isi byatunguye benshi kuko yari amaze hafi imyaka itatu adakinira ikipe y’igihugu, ndetse yari yaranahuye n’imvune nyinshi mu myaka yashize.
Neymar ni we umaze gutsindira Brazil ibitego byinshi kurusha abandi, aho afite ibitego 79 mu mikino 128 yakiniye ikipe y’igihugu ya Brazil .
Umwanditsi: NIYOMUKIZA Gratien
