Mourinho yashimagije Real Madrid mbere y’uko bacakirana muri Champions League

Mourinho yashimagije Real Madrid mbere y’uko bacakirana muri Champions League

 Feb 16, 2026 - 19:15

Umutoza José Mourinho yatangaje ko Real Madrid ari yo kipe ifite amahirwe menshi yo kwegukana igikombe cya UEFA Champions League muri uyu mwaka, avuga ko aribo bami b’iri rushanwa.

Mourinho usanzwe atoza SL Benfica agiye guhura na Real Madrid mu mukino wo gukuranwamo(play-offs), umukino utegerejwe cyane kuko ugiye guhuza uyu mutoza n’ikipe yigeze gutoza mu bihe byashize.

Benfica yageze kuri iki cyiciro nyuma yo gutsinda nanone Real Madrid ibitego 4-2 mu matsinda, intsinzi yabujije iyi kipe yo muri La Liga kubona itike igahita iyijyana muri iyi mikino yakurikiyeho yo gukuranwamo(play-offs).

Mu kiganiro n’itangazamakuru mbere y’uyu mukino uzabahuza kumunsi w’ejo Mourinho yavuze ko amateka ya Real Madrid muri Champions League ari yo atuma ihabwa amahirwe menshi.
Yagize ati:
“ubushize ubwo umukinnyi wa Real Madrid yampaga umupira we nyuma y’umukino, nirinze kwereke bagenzi banjye  ikimenyetso kiriho cy’ibikombe 15 bya Champions League. ‘’Ni abami.”

Umukino wa Benfica na Real Madrid uri mumikino itegerejwe cyane kuko uzagaragaza niba Benfica yakongera gutungurana cyangwa niba Real Madrid yakomeza kugaragaza ko ari yo kipe ifite amateka n’ubunararibonye kurusha izindi mu marushanwa y’i Burayi.

Umwanditsi: NIYOMUKIZA Gratien