Nyuma yo gutsindwa n'ikipe y'igihugu ya Mali amanota 67-49, ikipe y'igihugu y'u Rwanda yatsinzwe n'ikipe y'igihugu ya Guinée amanota 64-44 kuri uyu wa Gatandatu.
Agace ka mbere karangiye u Rwanda rutsinze Guinée amanota 19-13, ariko amakipe yombi yagiye kuruhuka ari 26 y'u Rwanda kuri 23 ya Guinée.
Mu gace ka gatatu niho Guinée yarushije u Rwanda, aho karangiye iyoboye n’igiteranyo cy’amanota 48-40 mu gihe aka kane karangiye ari 64-44, harimo ikinyuranyo cy'amanota 20.
Murenzi Yves utoza Ikipe y’igihugu y'u Rwanda yavuze ko bagowe mu gace ka gatatu kubera kutugarira bikwiye.
Murenzi Yves yagize ati:"Ndababaye kuko Guinée yari ikipe itsindika, ariko ni uko byagenze. Iyo umutoza atanze amabwiriza abakinnyi ntibayakurikize ni ikibazo. Ni abana, baracyakeneye gukina cyane kugira ngo bamenyere."
Ikipe y'igihugu y'u Rwanda isigaje imikino ibiri mu itainda B iherereyemo, uwa mbere ukaba uzaba ku Cyumweru saa Kumi n’igice ihura na Misiri, mu gihe izasoreza kuri Angola ku wa Mbere saa Munani.
Itsinda B u Rwanda ruherereyemo ruri kumwe na Mali, Misiri, Angola na Guinée, mu gihe itsinda A ririmo na Madagascar, Sénégal, Algerie na Bénin.
U Rwanda rwatsinzwe na Guinée umukino wa kabiri mu gikombe cy'Afurika
