Impuzamashyirahamwe ku isi y'umupira w'amaguru, FIFA, yandikiye ibaruwa ibihugu byose bizajya mu gikombe cy'isi kizabera muri Qatar aho yahaye ikaze buri umwe uzajya muri iki gihugu.
Ubuyobozi bwa FIFA buyobowe na Gianni Infantino ndetse n'umunyamabanga Fatouma Samoura barizera ko mu gihe hasigaye ibyumweru bike ngo irushanwa ritangire, ibihugu byagabanya kunenga iby'uburenganzira bwa muntu butubahirizwa muri Qatar.
Abakozi 6500 bavuye mu bihugu nka Pakistan, Nepal, Bangladesh na Sri Lanka bari baje mu mirimo y'ubwubatsi muri Qatar yatangiye mu 2010, bivugwa ko bapfiriye muri iyi mirimo bitewe no kutubahiriza uburenganzira bwabo mu kubarinda.
Qatar kandi yagiye inengwa cyane ku bijyanye no kubaha amategeko aha uburenganzira abaryamana bahuje igitsina, dore ko bivugwa ko hari n'abahabwa igihano cy'amezi atandatu mu buroko.
Harabura ibyjmweru bibiri ngo Igikombe cy'isi gitangire(Net-photo)
FIFA nayo irabizi ko inkuru zitari nziza kuri Qatar zirushaho kwiyongera ikaba ariyo mpamvu yabinyujije mu ibaruwa ikabwira ibihugu ko itari umuryango wa politiki ngo ijye guca izo manza.
FIFA yagize iti:"Buri wese ahawe ikaze hatitawe ku ho aturuka, ahashize he, idini, igitsina, ubwenegihugu cyangwa uwo akunda(sexual orientation)."
Gianni Infantino w'imyaka 52 yatorewe kuyobora FIFA mu 2016, akaba hari nyuma y'imyaka itandatu Qatar ihawe kuzakira Igikombe cy'isi cya 2022 kitavuzweho rumwe na benshi dore ko kifuzwaga na Leta zunze ubumwe za America na Canada.
Abakapiteni b'amakipe atandukanye bari kwambara igitambaro cy'amabaro y'umukororombya mu kibuga, ibi bikaba byitezwe ko bizanakorwa mu gikombe cy'isi bagaragaza ko bashyigikiye uburenganzira bw'abaryamana bahuje igitsina.
Ibihugu bitandukanye ndetse n'imiryango bavuga kenshi ko muri Qatar batubaha uburenganzira bwa muntu, ariko bigaragara ko ibi bitazabuza Igikombe cy'isi kuba.
Umukino wa mbere w'Igikombe cy'isi uteganyijwe tariki 20 Ugushyingo 2022 ukaba ari umukino uzahuza Qatar yakiriye iri rushanwa na Ecuador bari kumwe mu itsinda A.
