Ikipe ya Manchester United ikomeje kwitegura umukino ifitanye na Aston Villa kuri uyu wa Gatandatu. Ni umukino utoroshye dore ko aya makipe aherutse guhura muri FA cup, ikipe ya Manchester United ikabona intsinzi y'igitego kimwe.
Ubwo iyi kipe yari mu myitozo kuri uyu wa kane, byabaye ngombwa ko rutahizamu Cristiano Ronaldo ava mu myitozo itarangiye nyuma yo kugira ikibazo cy'imvune.
Cristiano Ronaldo ntiyakinnye umukino wahuje Manchester United na Aston Villa ku wa mbere muri FA cup, kuko yari afite ikibazo ku cyibero ariko byavuzwe ko kitari ikibazo gikomeye.
Ikinyamakuru The sun cyatangaje ko uyu munya-Portugal yongeye kugira akibazo cyatumye adasoza imyitozo yo kuri uyu wa kane, byatumye abenshi bibaza niba ejo azaboneka mu kibuga.
Abaganga ba Manchester United babanje kureba uko ibye bimeze mbere y'uko bamureka ngo atahe n'ubwo imyitozo yari irimbanyije ku bandi bakinnyi batandukanye.
Mu minsi ishize Cristiano Ronaldo yagiye ashinjwa kuba agira uruhare mu kugorwa kwa Ralf Rangnick muri Manchester United, gusa aherutse gutangaza ko amushyigikiye ndetse avuga ko ikipe yabo izasoza mu makipe ane ya mbere n'ubwo bigaragara ko ashobora kutaboneka ngo afashe bagenzi be.
Ku mukino uheruka guhuza aya makipe, umutoza Ralf Rangnick umaze iminsi agorwa n'imikinire ya 4-2-2-2 yari yahinduye ari gukoresha 4-2-3-1 ndetse akomeza kugirwa inama ko aribwo buryo yakomeza gukoresha.
Manchester United ubu yicaye ku mwanya wa karindwi ku rutonde rwa shampiyona y'Ubwongereza, aho irushwa amanota atandatu n'ikipe iri ku mwanya wa kane ariko ikaba ifite imikino 2 y'ibirarane.
Cristiano Ronaldo yagize ikibazo mu myitozo(Image:LeSoire.be)
Aston Villa irakina na Manchester United(Net-photo)
Aston Villa iherutse gutsindwa na Manchester United(Net-photo)
