Musa Esenu ni umusore w’imyaka 26, akaba yakiniraga ikipe ya Bul FC y’iwabo muri Uganda akaba yaraye ageze mu Rwanda kuri gahunda afitanye na Rayon Sports.
Musa Esenu wanakinnye mu makipe nka Soana ( ubu yitwa Tooro United), Kampala Capital City Authority (KCCA) na Vipers, kugeza ubu we na Ceaser Lobi Manzoki wa Vipers ni bo basoje imikino ibanza bayoboye abatsinze ibitego byinshi aho buri wese afite ibitego umunani.
Biteganyijwe ko uyu musore asinya amasezerano y’imyaka 2 yo gukinira iyi kipe kuri uyu wa Gatatu tariki ya 26 Mutarama 2022.
Uyu musore akaba abisikanye n’abakinnyi babiri bakina basatira basezerewe n’iyi kipe nyuma yo gutsindwa igeragezwa.
Rayon Sports yari yazanye ba rutahizamu 2, umunya-Cameroon, Maël Dindjeke wakiniraga ikipe ya PWD of Bamenda na Cedric ukomoka muri Nigeria, bakaba bakoraga igeragezwa guhera tariki ya 20 Mutarama 2022, ariko bakaba baritsinzwe aho bagomba guhita bisubirira iwabo.
Iyi kipe ya BUL FC Musa Esenu akinira, kugeza ubu nyuma y’imikino 15 ibanza iri ku mwanya wa kane n’amanota 24, aho iza inyuma y’amakipe nka Express, Vipers itozwa na Robertinho, ndetse n’ikipe ya KCCA iyoboye urutonde.
Rutahizamu Musa Esenu yageze mu Rwanda
