Nyuma y'uko ikipe ya Everton yirukanye umutoza Rafa Benitez, ubu hari gahunda yo gushaka umutoza mushya kuri iyi kipe aho Rooney na Lampard ari bamwe mu bagiye gukoreshwa ikizami.
Iyi kipe iherutse kwirukana Benitez wahoze atoza Liverpool kubera umusaruro udashimishije waranze Everton mu gihe yamaze ayitoza dore ko ayisize ku mwanya wa 16 muri Premier league.
Iyi kipe ya Everton ubu ikomeje gushaka umutoza mushya dore ko havugwa abagera kuri bane. Hari Niko Kovac wahoze atoza Bayern Munich, Roberto Martinez, Wayne Rooney ndetse na Frank Lampard.
Nk'uko byemezwa n'ikinyamakuru Telegraph, Rooney na Lampard bahoze bakinana mu ikipe y'igihugu y'Ubwongereza ni bamwe mu bari gutekerezwaho ku kuba bahabwa ayo mahirwe yo gutoza Everton.
Wayne Rooney yahoze ari umukinnyi wa Everton dore ko yanazamukiye mu bato b'iyi kipe akabasha kumenera mu ikipe nk'uru mbere y'uko ajya muri Manchester United akagaruka muri Everton.
Wayne Rooney kugeza ubu ari gutoza ikipe ya Derby Count, mu gihe mugenzi we Frank Lampard amaze amezi 12 yirukanwe mu ikipe ya Chelsea agasimburwa na Thomas Tuchel.
Ikinyamakuru The Telegraph cyemeza ko aba batoza bagiye gukoreshwa interview(ikizamini cyo kuvuga) mbere y'uko Everton ihitamo umutoza uyikomezanya.
Lampard ashobora guhabwa akazi muri Everton(Net-photo)
Rooney utoza Derby Count nawe ni umwe mu bahabwa amahirwe(Net-photo)
Rooney na Lampard bakinanye mu ikipe y'igihugu(Net-photo)
