Ikipe y'igihugu ya Afurika y'epfo y'abagore Banyana Banyana yaraye itwaye igikombe cya Afurika bwa mbere mu mateka yayo nyuma yo gutsinda Maroc yari iwayo.
Hildah Magaia yatsindiye Afurika y'Epfo ibitego bibiri ku munota wa 63 na 71, naho Rosella Ayane wari wafashije Maroc cyane muri ½ atsindira Morocco igitego ku munota wa 80 ariko ntiyabasha kwishyura icya kabiri.
Umukino wa ½ aho Maroc yakinnye na Nijeriya wari wakoze amateka yo kurebwa n'abantu benshi aho muri sitade hari harimo abantu ibihumbi 45, ariko uyu mukino warengeheho aho abawurebye bageze ku bihumbi 60 kuri Stade Prince Moulay Hassan i Rabat.
Afurika y'epfo yegukanye igikombe cy'Afurika mu bagore(Net-photo)
Afurika y'Epfo yari yegukanye umwanya wa kabiri muri iri rushanwa inshuro enye zabanjirije ariko amaherezo byaje kugenda neza, ndetse abanya-Maroc hafi ya bose babakomeye amashyi.
Mbere yaya marushanwa, Afurika yepfo yari yagiye itsindwa na Zambiya inshuro ebyiri ku mukino wa nyuma, ariko uyu mwaka yaje iri hejuru dore ko yanatsinze Zambiya muri kimwe cya kabiri kirangiza.
Ellis utoza Afurika y'epfo aherutse kugirwa umutoza w’umwaka mu bagore muri Afurika ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, ubu akaba yashimangiye ko yari akwiye iki gihembo.
