Kabaye ku munsi wa 13 wa shampiyona, APR FC yambuye Kiyovu Sports umwanya wa mbere

Kabaye ku munsi wa 13 wa shampiyona, APR FC yambuye Kiyovu Sports umwanya wa mbere

 Jan 19, 2022 - 12:44

Kuri uyu wa gatatu shampiyona y'u Rwanda yakomeje maze amakipe aragaragurana karahava.

Kuri uyu wa gatatu hari hateganyijwe imikino ine muri shampiyona y'ikiciro cya mbere mu Rwanda. Yose yatangiye saa 15:00, ndetse yabereye mu nce zitandukanye.

Umukino wa mbere wabereye i Ngoma aho ikipe ya Etoile de L'Est yari yakiriye Kiyovu Sports yari yicaye ku mwanya wa mbere ku rutonde rw'agateganyo rwa shampiyona.

Ikipe ya Kiyovu Sports iherutse kunganya na APR FC yagiye ishaka amanota atatu ngo ikomeze kuyobora, ariko ntibyayoroheye kuko uyu mukino warangiye amakipe yombi anganyije ubusa ku busa.

Undi mukino ni APR FC yari iya kabiri ku rutonde rw'agateganyo rwa shampiyona aho yarushwaga inota rimwe na Kiyovu Sports. APR FC yari yakiriye Gorilla FC kuri stade ya Kigali.

Abasore ba Adil Mohamed babashije gutahukana amanota atatu n'ubwo bitari byoroshye. Penariti yatewe na Byiringiro Lague ku munota wa 57' niyo yatumye APR FC itsinda uyu mukino.

Undi mukino utari woroshye wabereye i Bugesera aho ikipe ya AS Kigali yatsinze Bugesera FC ibitego 2-1 mu mukino wagaragayemo amakatita abiri y'umutuku.

Ku munota wa 30' Niyibizi Ramadhan yaboneye AS Kigali igitego cya mbere ariko kiza kwishyurwa na Mucyo Didier ku munota wa 47'.

Ku munota wa 86' myugariro wa AS Kigali Rugwiro Herve yeretswe ikarita itukura, ndetse akurikirwa na Maniru Abdul Rahman wa Bugesera nawe weretswe ikarita itukura ku munota wa 90+3'. 

Igitego cya kabiri cya AS Kigali cyatsinzwe ku munota wa 5 w'inyongera, gitsindwa na Shabani Hussein kuri penariti.

Kuri rundi ruhande Rayon Sports nayo yakuye intsinzi i Rubavu aho yahatsindiye Etincelles ibitego 2-0 mu mukino nawo wagaragayemo amakarita abiri atukura.

Igitego cya mbere cyatsinzwe na Manace Mutatu ku munota wa 39' ku ishoti riremereye ndetse ku munota wa mbere w'inyongera Rayon Sports ibona igitego cya kabiri cyitsinzwe n'umuzamu wa Etincelles ku mupira wari uhinduwe na Muhire Kevin.

Muri uyu mukino Nizigimana Karim Mackenzie yabonye ikarita itukura ku munota wa 27' ndetse na Bizimana wa Etincelles abona ikarita itukura ku munota wa 63.

Imikino isoza umunsi wa 13 iraba kuri uyu wa kane aho Gicumbi yakira Mukura Victory Sports, Musanze FC ikakira Gasogi United naho Police FC izakira Rutsiro FC.

Uyu munsi habayeho impinduka ku rutonde rw'agateganyo rwa shampiyona kuko APR FC yahise ifata umwanya wa mbere kandi igifite imikino ibiri y'ibirarane.

Abakinnyi APR FC yabanje mu kibuga(Net-photo)

Abakinnyi AS Kigali yabanje mu kibuga(Net-photo)

AS Kigali yatsindiye Bugesera FC iwayo(Image:AS Kigali instagram)

APR FC yafashe umwanya wa mbere naho Gorilla na Etincelles ni izanyuma n'amanota8