Mu gihe Manchester United ikomeje imyitozo yitegura urugendo izagirira muri Asia na Australia, ntibizwi niba bazajyana na Cristiano Ronaldo kuko ataragaragara mu myitozo y'iyi kipe.
Kuva ku wa mbere Cristiano yabwiye Man.U ko afite ibibazo by'umuryango, ariko bigakekwa ko yanze kuza mu myitozo kuko yamaze kubwira iyi kipe ko ashaka kuyisohokamo kandi yo ikaba idashaka kumugurisha.
Cristiano Ronaldo akomeje kurwaza umutwe ab'i Manchester
Erik Ten Hag akomeje kwitegura ingendo bazakiniramo imikino yo kwitegura umwaka w'imikino (Pre-season), aho umukino wa mbere bazawukinira i Bangkok bakina na Liverpool tariki 12 Nyakanga 2022.
Mu gihe uyu mugabo ashaka gusohoka muri iyi kipe itazakina UEFA Champions league muri uyu mwaka w'imikino, Bayern Munich, Chelsea na Napoli niyo makipe ari imbere mu makipe ashobora kwerekezamo.
Ku munsi wa gatatu Manchester United yakoze imyitozo nta Cristiano Ronaldo
Ku ruhande rwa Manchester United ho ntabwo barahindura ibitekerezo kuko ubuyobozi bw'iyi kipe buvuga ko nta gitekerezo cyo kugurisha uyu munya-Portugal bafite.
