Rwanda v Senegal: Hari ikizere cyo kunyuza ingamiya mu mwenge w'urushinge

Rwanda v Senegal: Hari ikizere cyo kunyuza ingamiya mu mwenge w'urushinge

 Jun 7, 2022 - 10:52

Ikipe y'igihugu Amavubi ifite akazi katoroshye mu ijoro ryo kuri uyu wa kabiri, aho isabwa gukura amanota imbere ya Senegal iri iwayo.

Kuri uyu munsi amaso n'imitima y'abakunzi ba ruhago mu Rwanda yibereye i Diamniadio kuri sitade Me Abdoulaye Wade, aho ku isaha ya saa 21:00 ikipe y'igihugu Amavubi iraza gutana mu mitwe na Senegal.

Si ikizere kinshi abanyarwanda bafitiye ikipe yabo y'igihugu kuri uyu munsi kuko ni nka Dawidi uraza kuba arwana na Goliyati. Gusa abazi iyo nkuru barabizi ko byarangiye Dawidi atsinze Goliyati, n'ubwo abari aho bose bari bamuciriye urwo gupfa. Ese ko Dawidi yifashishije ibuye, u Rwanda rwaba rufite iki ngo rwikure muri Senegal gitore?

Amakipe agiye guhura ameze ate?

Senegal igiye guhura n'amavubi iri mu mwuka mwiza cyane kurenza ikindi gihe cyose cyigeze kubaho. Iyi gihugu giherutse kwegukana igikombe cy'Afurika cya mbere mu mateka yacyo kuva cyabaho. 

Ibi Senegal yabikoze mu gikombe cy'Afurika giheruka kubera muri Cameroun, ibifashijwemo n'umutoza Aliou Cissé wayikiniye ariko akaba yarananiwe gutwara iki gikombe nk'umukinnyi.

Senegal kandi yabonye itike yo gukina igikombe cy'isi kizabera muri Qatar mu Ugushyingo muri uyu mwaka. Ibi yabigezeho isezereye Misiri, ari nayo batsinze ku mukino w'igikombe cy'Afurika batwara igikombe.

Ibi bihe byiza ikipe y'igihugu ya Senegal imazemo iminsi nibyo bituma ku rutonde ngarukakwezi rwa FIFA, iherereye ku mwanya wa 20 ku isi ndetse ikaba iya mbere muri Afurika.

Mu gihe ku ruhande rwa Senegal bameze nk'abari mu kwezi kwa buki, ku ruhande rw'u Rwanda ho siko bimeze. U Rwanda rurarwana no kuzamuka mu itsinda L ngo rurebe ko rwasubira mu gikomb cy'Afurika ruherukamo mu myaka 18 ishize.

Amavubi afite akazi katoroshye imbere ya Senegal

Kuva mu 2004 u Rwanda rwajya mu gikombe cy'Afurika bwa mbere, ntabwo Amavubi arabasha kongera guha abanyarwanda ibyishimo rwatanze muri icyo gihe.

Kuri iyi nshuro Amavubi ari muri iyi mikino yo gushaka itike y'igikombe cy'Afurika ari kumwe n'umutoza mushya. Uwo ni Carlos Alós Ferrer umunya-Espagne utararama amezi atatu yemejwe nk'umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi.

Umukino we wa mbere yatoje amavubi, ni umukino wa mbere muri iri tsinda L aho yakiriwe na Mozambique muri Afurika y'epfo bikarangira amakipe yombi anganyije 1-1.

U Rwanda kandi ku rutonde ngarukakwezi rwa FIFA ruherereye ku mwanya wa 136 ku isi, ndetse rukaba urwa 40 muri Afurika.

Ese gutsinda Senegal birashoboka?

Igisubizo kuri ibi ni yego, ariko ntibyitezwe na benshi. Usibye n'uko Senegal ihagaze ubu, imibare igaragaza ko Senegal yagiye itsinda u Rwanda mu gihe bagiye bahura. Ni amakipe adakunze guhura inshuro nyinshi.

Turebye mu myaka ya vuba hari imikino ibiri umwe wabaye mu 2011 ndetse no mu 2016. Muri iyo mikino yose Senegal yagiye itsinda Amavubi ibitego 2-0.

Kuri uyu munsi Amavubi araba ari insina ngufi cyane imbere ya Senegal ariko bitabujije ko bitewe n'amayeri y'umukino ya Carlos Alós Ferrer, ndetse n'ukuntu abasore be baritwara mu kibuga, ibiva mu mukino bishobora gutungura abiteze umusaruro muke ku ikipe y'igihugu Amavubi.

Ni iyihe ngingo irengera Amavubi imbere y'intare za Senegal?

N'ubwo umupira w'amaguru utagendera ku mibare gusa(statistics), iyi mibare ishobora kukwereka ahantu ikipe iteye ubwoba n'aho ifite intege nkeya.

Mu bikomeye Senegal yagezeho muri iyi minsi mike ishize twagarutseho, ni ikipe yaranzwe no gutabarwa na penariti cyane. Yasezereye Misiri kuri penariti ijya mu gikombe cy'isi, yatsinze Misiri kuri penariti itwara igikombe cy'Afurika.

Indi mikino itatu yaganishaga Senegal ku mukino wa nyuma w'igikombe cy'Afurika, yatsinzemo ibitego umunani ariko ibitego bitanu yabitsinze hejuru y'iminota 68. Ibi bigaragaza ko ari ikipe ishobora kwirwanaho ukugarira ariko yo ikaba idacika intege igakomeza kukwataka.

Amavubi arasabwa kugarira bitajenjetse

Amakuru ahari yerekana ko bishoboka cyane ko Kwizera Olivier aza kuba ari mu izamu ry'Amavubi, Salomon, Ange na Thierry ari ba myugariro batatau. Serumogo, Emmanuel Mangwende baca ku ruhande, Djihad, Blaise na York bagakina hagati, Mu gihe Manishimwe Djabel na Kagere Meddie baza kuba batahabizamu.

 Ubusanzwe ubu ni uburyo bw'imikinire ikipe ikina yugarira cyane kurusha uko yataka, kuko iyo iri kugarira iba ifite abakinnyi basaga barindwi bakina nka ba myugariro. Gusa nanone iyo yataka nabwo iba ifite abakinnyi basaga batandatu bakina nk'abataka, aha harimo ba rutahizamu babiri, abo ku mpande babiri, n'abo hagati babiri babafasha.

Ibi biraza gutuma basore b'Amavubi bakina bugarira cyane mu rwego rwo kwirinda gutsindwa igitego kurusha uko bashaka kugitsinda, ariko mu gihe habonetse amahirwe nabo bakaba bashobora kuba bagitsinda. Mu gihe ibi byabahira bashobora gusoza umukino babonye inota, cyangwa bakaba banawutsinda n'ubwo bigoye.

Byagenda bite mu gihe Amavubi yatsindwa uyu mukino?

Mu by'ukuri n'ubwo banyarwanda banyotewe intsinzi ku ikipe y'igihugu Amavubi, kuri iyi nshuro biraba ngombwa ko bakira neza ibirava muri uyu mukino byose. Usibye kuba ariyo kipe ifite igikombe cy'Afurika giheruka, Senegal ni ikipe itifuzwa n'ikindi gihugu muri Afurika.

Gutsindwa uyu mukino ku Rwanda ntabwo icyizere cyo kujya mu gikombe cy'Afurika cyaba cyiyoyotse. Mu gihe abasore ba Carlos Alós Ferrer batsindwa uyu mukino basigara bacungana na Benin ndetse na Mozambique, dore ko byitezwe ko aya makipe atatu agomba kwishakamo ikipe izaba iya kabiri inyuma ya Senegal.

Undi mukino muri iri tsinda L uzaba kuri uyu wa Gatatu, aho ikipe y'igihugu ya Benin izakira Mozambique kuri Stade de l'Amitie iherereye i Cotonou.

Uko itsinda rihagaze nyuma y'umukino umwe