Peace Cup:Police FC yabaye ikipe ya nyuma igeze muri 1/2

Peace Cup:Police FC yabaye ikipe ya nyuma igeze muri 1/2

 May 5, 2022 - 11:27

Ikipe ya Police FC yatsinze Etoile de l'Est mu mukino wo kwishyura muri 1/4 cy'igikombe cy'amahoro, ihita ikomeza muri 1/2.

Mu mikino ya 1/2 mu gikombe cy'amahoro byari byamaze kumenyekana ko APR FC izahura na Rayon Sports, ariko AS Kigali igitegereje kumenya ikipe bizesurana hagati ya Police FC na Etoile de l'Est.

Umukino ubanza wabereye mu karere ka Ngoma warangiye Etoile de l'Est itsinzwa na Police FC ibitego bibiri kuri kimwe, uwo kwishyura ukaba wabereye kuri stade ya Kigali i Nyamirambo kuri uyu wa kane.

Ni umukino wagombaga kuba ku wa gatatu ariko warimuwe kubera ko wahuriranye n'uwa APR FC na Marine wabereye i Nyamirambo saa 15:00, ariko amakipe yombi yananiwe kumvikana niba yakina saa 12:30 cyangwa saa 18:00 kuko ariyo masaha yashobokaga.

Muri uyu mukino ikipe ya Etoile de l'Est yananiwe kwishyura ibyo bitego yatsinzwe ngo irebe ko yabona intsinzi, mu gihe Police FC yabashije kubona igitego kimwe cyatsinzwe na Muhadjir Hakizimana ku munota wa 90.

Aha bivuze ko mu nikino ibiri Police FC yasezereye Etoile de l'Est ku giteranyo k'ibitego bitatu kuri kimwe, ikaba ariyo igomba guhura na AS Kigali mu mikino ya kimwe cya kabiri.

Imikino ibiri izahuza Rayon Sports na APR FC, ndetse n'indi mikino ibiri izahuza AS Kigali na Police FC, yose izakinwa hagati ya tariki ya 11 n’iya 18 Gicurasi 2022.

Police FC yageze muri kimwe cya kabiri isezereye Etoile de l'Est(Image:Rwanda Magazine)