Rayon Sports yatanze Noheri n'Ubunani ku bafana bayo, APR FC yongeye gutakaza amanota ku munsi wa 10 wa shampiyona.

Rayon Sports yatanze Noheri n'Ubunani ku bafana bayo, APR FC yongeye gutakaza amanota ku munsi wa 10 wa shampiyona.

 Dec 22, 2021 - 12:27

Amakipe yesuranye ku munsi wa cumi wa Primus Nationa League akomeza kotsanya igitutu.

Yari imikino y'umunsi wa cumi wa shampiyona aho habaye imikino itanu kuri uyu wa Gatatu mu gihe indi mikino itatu izakinwa kuri uyu wa kane.

Muri iyi mikino itanu, umukino w'umunsi ni Rayon Sports yari yakiriye Police FC kuri stade ya Kigali i Nyamirambo.

Ni umukino umutoza wa Police FC witwa Frank Nuttal atatoje nk'uko byari biteganyijwe kubera ko yari yanduye covid-19

Aya makipe yombi yari agiye guhura arushanwa inota rimwe gusa, kuko Police FC yari iri ku mwanya wa 3 n'amanota 16 mu gihe Rayon Sports yari iri ku mwanya wa 5 n'amanota 15.

Umunsi wa 9 izi kipe zose zari zatsinze imikino yazo, Police FC yatsinze Etincelles FC ibitego 3-0 naho Rayon Sports itsinda As Kigali ibitego 2-1. Ibi byatumaga uyu mukino ukomera kurushaho.

Amakipe yombi yatangiye yigana ku buryo nta kipe yemereraga indi kurema uburyo bukomeye cyane ku buryo bwateza ibibazo imbere y'izamu ngo haboneke igitego.

Umukino wagiye ufunguka uko iminota yagiye izamuka. Ku munota wa 42' nibwo Youssef Rharb yazamukanye umupira ashaka gutungura umuzamu ariko ubwugarizi bwa Police FC bumubera ibamba.

Uwo mupira wagaruwe wahise uzamukanwa n'abakinnyi ba Police FC bihuta rutahizamu Iyabivuze Osee yisanga arebana na Adolphe ariko umupira awutera hanze.

Igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa nta kipe iteye mu izamu.

Igice cya kabiri cyatangiye Rayon Sports igerageza kwataka cyane ariko na Police FC ikanyuzamo ikataka dore ko hari  nk'imipira ibiri Hakizimana Muhadjir yateye ariko umuzamu Adolphe amubera ibamba.

Nyuma yo kugerageza uburyo bwinshi, ikipe ya Rayon Sports yaje kubona igitego ku munota wa 73' gitsinzwe na Essomba Willy Onana wuzuzaga ibitego bitanu mu minsi icumi ya shampiyona y'u Rwanda imaze gukinwa.

Ku rundi ruhande ikipe ya APR FC yari yasuye ikipe ya Etoile de L'Est y'umutoza Banamwana Camarade wari wahigiye gutsinda iyi kipe imaze imyaka ibiri idatsindirwa ku butaka bw'u Rwanda.

Ni umukino umutoza wa APR FC Adil Mohamed we n'umwungiriza we batatoje kuko nabo banduye covid-19 byatumye batawugaragaraho.

Abasore ba Etoile de L'Est byabatwaye iminota 13' gusa kugira ngo APR FC abenshi babona ko bigoye gutsinda, bo babe bayitsinze ibitego bibiri ku busa.

Ariko mu minota yakurikiyeho abahungu ba Camarade ntibyaje kubahira kuko Mugunga Yves yishyuye igitego cya mbere ku munota wa 19' gusa kubona icya kabiri bikomeza kugorana.

Abafana ba APR FC bategereje umunota wa 81' ngo babone inota rimwe ku gitego cya kabiri cyatsinzwe na Bizimana Yannick maze umukino urangira ari ibitego 2-2.

Indi mikino yabaye kuri uyu munsi kandi yabanjirijwe na Gorilla FC yatsinzwe na Mukura VS igitego kimwe ku busa. Ikipe ya Mukura ikaba yabonye amanota atatu nyuma yo guhagarika umutoza wayo Ruremesha.

Ku rundi ruhande Etincelles yabonye amanota atatu yayo ya mbere nyuma yo gutsinda Gicumbi FC ibitego 2-0. Naho Musanze FC nayo inyagira Marines FC ibitego 5-1.

Rayon Sports yatsinze Police FC(Image:Rayon Sports instagram)

Amakipe ashaka igikombe akomeje kotsanya igitutu