Real Madrid yavuye muri European Super League

Real Madrid yavuye muri European Super League

 Feb 11, 2026 - 22:37

Real Madrid nayo yamaze gutangaza ko yavuye muri gahunda ya European Super League, nyuma ya mukeba wayo, FC Barcelona nayo yemeje ko itakiri muri uwo mushinga.

European Super League yari yatangijwe mu 2021 n’amakipe akomeye arimo FC Barcelona, Real Madrid, Atletico Madrid, Juventus, Inter Milan, AC Milan, Manchester City, Tottenham, Arsenal, Manchester United, Liverpool na Chelsea.

Icyakora, uwo mushinga ntiwigeze ushyirwa mu bikorwa nyuma y’imyigaragambyo ikomeye y’abafana hirya no hino ku mugabane w’i Burayi.

Perezida wa Real Madrid, Florentino Perez, yari umwe mu bari bashyigikiye cyane uwo mushinga, ariko nyuma y’imyaka hafi itanu, Real Madrid yatangaje ko yamaze kumvikana na UEFA, bituma ifata icyemezo cyo kuwuvamo burundu.

Mu itangazo yasohoye, Real Madrid yavuze ko ayo masezerano yagiranye na UEFA agamije inyungu z’umupira w’amaguru w’amakipe i Burayi.

Yakomeje ivuga ko nyuma y’amezi y’ibiganiro, UEFA, Amakipe y’i Burayi (EFC) na Real Madrid bageze ku masezerano y’amahame ashyira imbere iterambere rirambye ry’amakipe no kunoza ubunararibonye bw’abafana hifashishijwe ikoranabuhanga.

Iri tangazo kandi ryagaragaje ko ayo mahame azafasha gukemura burundu impaka z’amategeko zari zaravutse ku bijyanye na European Super League, igihe azaba amaze gushyirwa mu bikorwa.

Iki cyemezo cya Real Madrid gisa n’igisoza burundu inzozi za European Super League, kuko uyu mushinga wigeze guteza impaka zikomeye mu mupira w’amaguru w’u Burayi.

Umwanditsi: NIYOMUKIZA Gratien