Umunya-Africa y'epfo Nsikayesizwe David Junior Ngcobo wamamaye ku izina rya Nasty-C, yatangaje ko yibona nk'umuraperi urenze abandi muri Africa.
Ibi uyu musore uzwi mu ndirimbo zitandukanye zirimo S.M.A yabivuze mu kiganiro aherutse kugirana na Glitch Africa.
Nasty-C yagize ati:''Singe muraperi w'icyamamare kurusha abandi muri Africa. Ariko yaba aringe muraperi mwiza kurusha abandi muri Africa? Yego niko mbitekjereza.''
Abajijwe abaraperi b'abanya-Nigeria bartenze abandi, Nasty-C yavuze M.I, Olamide, Phyno, Odumodublvck, na Blaqbonez, ariko yongeraho ko ari abo akunda ku giti cye.
Nasty-C w'imyaka 26 ni umwe mu bahanzi bafite izina rikomeye mu muziki wa Africa, byumwihahariko mu njyana ya Hip-Hop.
Nast-C yibona nk'umuraperi urenze abandi muri Africa
