Mu gihe amakuru akomeje kwerekeza Mauricio Pochettino muri Manchester United, uyu mugabo yakoze icyatumye abantu bakomeza kuvuga ko yaba azayerekezamo koko.
Mauricio Pochettino kuri uyu wa Gatatu yari mu mujyi wa Manchester aho ikipe ye ya PSG yagombaga gukina na Manchester City byarangiye banatsinzwe ibitego 2-1.
Umufana w'ikipe ya Manchester United yamusabye ko yamusinyira ku mwenda wa Manchester United ibyo bita autograph mu ndimi z'amahanga. Pochettino arabikora bituma abenshi bemeza ko koko yaba afite ibitekerezo byo kujya muri Manchester United.
Umupira wa Manchester United Pochettino yasinyeho(Image:Mirror)
Ikipe ya Manchester United ikomeje gushaka umutoza w'igihe kirambye nyuma yo kwirukana Ole Gunnar Solskjaer wayitozaga n'ubwo yamaze kwemeranya na Ralf Rangnick kuyibera umutoza w'agateganyo.
Mirror sport itangaza neza ko uyu Mauricio Pochettino ariwe mahitamo ya mbere kuri Manchester United nk'umutoza w'igihe kirekire.
Ikipe ya Manchester United yegereye PSG ibaza niba uyu mutoza yaboneka ariko amakuru avuga ko iyi kipe ikomeje kubagora.
Ikinyamakuru The Athletic cyatangaje ko Ralf Rangnick yamaze kwemeranya na Manchester United gutoza iyi kipe amezi atandatu bakabona kuzana undi mutoza.
Pochettino niwe amaso ya Manchester United akiriho ndetse n'icyo gikorwa yakoze kuri uyu wa gatatu cyagaragaje ko nawe yaba adashaka kwiteranya n'abafana kuko atekereza ko umunsi umwe yatoza ikipe yabo.
Uyu mufana yamusanze kuri hoteri aho ikipe ya PSG yari ikomeje kwitegura umukino yari ifitanye na Manchester City muri Champions League byarangiye inawutakaje.
PSG yatsinzwe na Manchester City muri champions League(Net-photo)
Nibwo rero uwo mufana yahise amusaba kuba yamusinyira ku mupira wa Manchester United yari afite ndetse Mauricio Pochettino arabyemera abikora atazuyaje.
PSG yirukanye Thomas Tuchel mu mpera z'umwaka ushize ariko Tuchel kuva yagera muri Chelsea akomeje kugira ibihe byiza. Ibi bikemeza benshi ko kuba Pochettino biri kumugora muri iyi kipe atari ubuswa ahubwo ari ikibazo cy'iyi kipe.
