Burya perezida Kim Jong-Un utinywa na benshi afite ikipe afana mu Bwongereza

Burya perezida Kim Jong-Un utinywa na benshi afite ikipe afana mu Bwongereza

 Mar 1, 2022 - 05:27

Perezida wa Korea ya ruguru Kim Jong-Un atinywa na benshi kuko afatwa nk'umunyagitugu ariko burya nawe ngo ni umukunzi w'umupira w'amaguru.

Bivugwa ko Kim Jong-Un yaba we ubwe yarivugiye ko ari umufana w'ikipe ya Manchester United yo mu Bwongereza ndetse akaba akunda by'umwihariko umwongereza Wayne Rooney wahoze ari umwataka w'iyi kipe.

Kim Jong-Un yabaye perezida wa Korea ya ruguru kuva se yakwitaba Imana mu 2011, ndetse azwi nk'umunyagitugu dore ko abanyagihugu be basa n'abafungiranye batisanga mu isi y'abandi nk'ibindi bihugu.

Mu 2014, Antonio Razzi wahoze ari senateri mu Butariyani yabwiye ikinyamakuru The Sun ko mu biganiro byihariye yagiranye na Kim Jong-Un, we ubwe yamubwiye ko ari umufana w'ikipe ya Manchester United yo mu Bwongereza.

Antonio Razzi yamenyekanye mu myanya itandukanye yagiye agira muri politiki y'Ubutariyani, ndetse amenyekana nk'umwe mu bantu bagiranye umubano cyane na Kim Jong-Un uyobora Korea ya ruguru.

Perezida wa Korea ya ruguru kandi azwiho kuba umukunzi w'umupira w'amaguru no mu busanzwe kuko ubwo yigaga muri Switzerland yakundaga kujya i San Siro mu Butatiyani agiye kureba imikino itandukanye yahaberaga.

Razzi akomeza avuga ko Kim Jong-Un atigereranya n'abakinnyi bakomeye bakiniye Manchester United nka Eric Cantona nk'uko abandi bafana bajya babikora.

Andi makuru kandi avuga ko Kim Jong-Un ari umukunzi ukomeye wa Wayne Rooney wahoze ari rutahizamu wa Manchester United, ndetse akaba yaranatsindiye iyi kipe ibitego byinshi mu marushanwa atandukanye yayikiniye.

Kim Jong-Un afana Manchester United(Image:Daily star)

Kim akunda Wayne Rooney wakiniye Manchester United(Net-photo)