Myugariro Rwatubyaye Abdul asanzwe ari umukinnyi ngenderwaho mu ikipe y'igihugu Amavubi ndetse n'ikipe ye ya FC Shkupi ariko amakuru ye si meza kugeza ubu.
Myugariro w'umunyarwanda Rwatubyaye Abdul agiye kumara amezi 8 adakina kubera ikibazo cy'imvune nkuko ikipe akinira ya FC Shkupi yabitangaje.
Uyu musore w'umunyarwanda ukinira FC Shkupi yo muri Macedonia kuri uyu munsi taliki ya 24 Mutarama nibwo byatangajwe ko agiye kumara igihe kingana n'amezi 8 adakoza umupira ku kirenge kubera ikibazo cy'imvune.
Rwatubyaye Abdul ni umukinnyi ngenderwaho muri Shkupi kuko akina imikino hafi ya yose muri iyi kipe .
Uyu musore azasubira mu kibuga mu mpera za Nzeri 2022 bivuze ko azasiba intangiriro za Shampiyona ndetse akaba atazakina imikino yo gushaka itike y'igikombe cya Africa izatangira muri Kamena uyu mwaka ku ruhande rw'ikipe y'igihugu Amavubi.
