Harry Maguire yikomye abafana ba Manchester United yise ibigwari nyuma yo kumutera ubwoba

Harry Maguire yikomye abafana ba Manchester United yise ibigwari nyuma yo kumutera ubwoba

 Apr 22, 2022 - 03:56

Kapiteni wa Manchester United Harry Maguire yizera ko atazasohoka muri iyi kipe kubera abafana bamwe b'ibigwari nyuma y'uko bamwoherereje ubutumwa bw'iterabwoba.

Kuri uyu wa kane nibwo mu rugo rwa Harry Maguire hacitse igikuba ubwo uyu mugabo yakiriye ubutumwa muri e-mail buvuga ko haba hari igisasu cyatezwe mu rugo rwe, ndetse uyu myugariro wa Manchester United yahise atabaza Police.

Police yitabaje imbwa zisanzwe zikoreshwa mu gusaka ibisasu ariko birangira hemejwe ko mu byakozwe byose nta kintu kidasanzwe cyaba cyagaragaye mu rugo rw'uyu mwongereza w'imyaka 29.

Harry Maguire yagiye yibasirwa cyane n'abamunenga muri uyu mwaka w'imikino, ndetse ibi byabaye nyuma y'umunsi umwe gusa banyagiwe na Liverpool ibitego 4-0 nyuma y'uko yanabatsinze ibitego 5-0 mu mukino ubanza.

Maguire yibasiwe nyuma yo kwandagazwa na Liverpool(Image:Getty Image)

Amakuru The Sun ivuga ko yahawe n'umuntu wa hafi ya Maguire avuga ko ngo uyu myigariro yizera ko ibyo byakozwe n'abafana b'ibigwari. Yagize ati:"Harry Maguire ntazava muri Manchester United kubera iterabwoba nk'iri.

"Icya mbere kuri we ni umutekano w'umuryango we ariko anafite imbaraga zo guhangana n'ibi. Bisa n'ibyakozwe n'abafana bamwe b'ibigwari."

Ibikorwa byo kurinda Harry Maguire, umugore we n'abana be babiri birakomeje dore ko ngo ari ikintu cyabateye ubwoba ku buryo bugaragara.

Manchester United ikomeje kwitegura umukino ifitanye na Arsenal kuri uyu wa Gatandatu ku isaha ya saa 13:30 ku kibuga Emirates stadium cya Arsenal, ndetse biteganyijwe ko Harry Maguire azakina uyu mukino.