Harry Kane yageze kuri aka gahigo mu mukino Bayern Munich yatsinzemo Werder Bremen ibitego 3-0, aho yatsinzemo ibitego bibiri, bigatuma akomeza kuyobora ba rutahizamu bari mu bihe byiza muri shampiyona y’u Budage.
Uyu mukinnyi w’imyaka 32 ari mu mwaka udasanzwe kuko amaze gutsinda ibitego 26 mu mikino 22 ya Bundesliga, ibintu bituma atangira kwegera agahigo gafitwe na Robert Lewandowski wigeze gutsinda ibitego 41 mu mwaka umwe wa shampiyona.
Imibare ya Harry Kane igaragaza neza ko ari mu bihe byiza cyane muri uyu mwaka w’imikino kuko igaragaza ko nibura atsinda igitego buri minota 68, akanarusha imibare myiza abandi ba rutahizamu, ndetse yamaze no kurenza ibitego 300 muri shampiyona zikomeye i Burayi.
Nyuma y’umukino, Harry Kane yavuze ko nubwo abantu bavuga aka gahigo, we yifuza kugenda yitwara neza umukino ku wundi.
Yagize ati: “Ni agahigo gakomeye cyane ariko haracyari urugendo rurerure. Ubu ndi mu bihe byiza, icy’ingenzi ni ugufasha ikipe gutsinda.”
Umutoza wa Bayern, Vincent Kompany, yavuze ko Kane ashyira imbere gutwara shampiyona kurusha kugera kuri kuduhigo dutandukanye, ashimangira ko ari umukinnyi uhorana inyota yo gutsinda.
Kuva yagera muri Bayern Munich, Harry Kane yabaye igisubizo gikomeye mu busatirizi, kuko akomeje gufasha ikipe ye kuguma ku mwanya wa mbere imbere ya Borussia Dortmund muri shampiyona.
Abasesenguzi ba ruhago bavuga ko niba akomeje kuri uyu muvuduko, ashobora kurangiza uyu mwaka ari umwe mu batsinze ibitego byinshi kurusha abandi mu mateka ya Bundesliga.
Harry Kane yaciye agahigo ko gutsinda ibitego byinshi muri shampiyona y'u Budage
Umwanditsi: NIYOMUKIZA Gratien
