Hari kuri uyu wagatandatu ubwo LaLiga Santander yari yakomeje ku mukino wa 7 Atlético Madrid yari yakiriye ikipe ya Fc Barcelona.
Fc Barcelona yari ikeneye kwiyunga n’abafana. Yagombaga gutsinda uyu mukino kugirango biyigarurire icyizere. Ariko kandi wari umusozi ugoye kurira kuri Ronald Koeman wari wamaze kubwirwako ntacyo uyu mukino uri buhindure ku hazaza he n’abasore be.
Ikipe yari iri mu rugo. Atlético Madrid yatangiye isatira byagaragaraga ko ishaka igitego kuko ntiyahaga agahenge aba basore ba Barcelona. Baje kubona igitego cya mbere cyatsinzwe na Thomas Lemar ku munota wa 24. Icya 2 cyatsinzwe na Luis Suárez ahawe umupira na Thomas Lemar Barcelona itaha Amaramasa.
Abantu bakomeje kwibaza bati” Ese uyu niwo mukino wa nyuma wa Ronald Koeman muri Fc Barcelona nyuma yuko umuyobozi w’ikipe Joan Laporta yatangajeko ntacyo ibiri buve mu mikino bivuze kuri uyu mutoza?
