Mu magambo ye, Chris Brown yashimangiye akamaro ko kuba umuntu ari inyangamugayo ku byo ari mo, akandika amateka y’ubuzima bwe atagendeye ku byo abandi bamwifuzaho.
Yagize ati:“Ba inyangamugayo mu byo urimo, andika inkuru yawe bwite, reka abantu bigireho kandi bahumeke. Ntukumve abantu bavuga amakuru atari yo. Bereke urumuri rwawe n’umutima wawe.
Ntukerekane intege nke zawe. Ba mu buzima bwawe kandi wiyiteho. Ntuzigere urekera, kandi ntukemere ko baguhagarika mu rugendo rwawe rwo kugera ku bikomeye.”
Ubu butumwa bwakiriwe neza n’abafana be hirya no hino ku isi, aho benshi bagaragaje ko bwabongereye icyizere n’umurava wo gukomeza gukurikirana inzozi zabo batitaye ku mbogamizi cyangwa kunengwa.
Chris Brown, umaze imyaka myinshi mu muziki, azwi cyane ku ndirimbo zakunzwe ku rwego mpuzamahanga nka “Forever,” “No Guidance,” “Under The Influence” n’izindi nyinshi.
Uretse umuziki, akunze no gukoresha izina rye rikomeye mu gutanga ubutumwa bwo kwiyubaha, kwikunda no kudacika intege.
