Ni amakuru umuyobozi mukuru wa CECAFA, Auka Gecheo, yemeje kuri uyu wa Mbere, aho yavuze ko kuko habuze umwanya wo kuritegura bitewe n'andi marushanwa arimo aya CAF n'aya FIFA.
Yagize ati:"Ni amahirwe make cyane ko nanone tutqzabona iri rushanwa muri uyu mwaka. Twari dufite ikizere cyo kongera kuritegura kugira ngo dufashe amakipe yo mu karere kwitegura imikino ya CAF izatangira mu kwezi gutaha."
Byari biteganyijwe ko CECAFA Kagame Cup y'uyu mwaka izabera muri Sudan tariki 15-29 Nyakanga 2023, nk'uko byari byatangajwe muri Mata.
CECAFA Kagame Cup iheruka yabereye muri Tanzania mu 2021, ikaba yaregukanwe na Express yo muri Uganda itsinze Nyasa Big Bullet yo muri Malawi igitego kimwe, ikaba ari ikipe yari yatumiwe.
Express niyo yegukanye irushanwa riheruka