Casemiro yegukanye igihembo cy’umukinnyi mwiza wa EPL mu Cyumweru

Casemiro yegukanye igihembo cy’umukinnyi mwiza wa EPL mu Cyumweru

 Feb 4, 2026 - 22:58

Umunya-Brazil, Casemiro ukinira Manchester United yatowe n’abafana nk’umukinnyi wahize abandi muri Premier League mu Cyumweru cya 24, nyuma yo kwitwara neza cyane mu mukino batsinze Fulham ibitego 3-2.

Uyu mukinnyi wo hagati mukibuga w’imyaka 33 yagaragaje urwego rwo hejuru, agira uruhare rukomeye mu gutsinda ibitego byafunguriye Manchester United inzira y’intsinzi.

Yatsinze igitego cya mbere akoresheje umutwe, nyuma yo kwakira umupira wari uturutse kuri Bruno Fernandes. Ntibyagarukiye aho, kuko yanatanze umupira mwiza wahesheje Matheus Cunha gutsinda igitego cya kabiri.

Mu mibare igaragaza uko yitwaye, Casemiro yagaragaje ubunararibonye n’imbarag. Muri uyu mwaka w’imikino wa Premier League, amaze gutsinda ibitego bitanu, ari bwo bwa mbere agize umusaruro mwinshi gutyo kuva mu 2020/21 ubwo yatsindaga ibitego bitandatu ari muri Real Madrid.

Mu itora ry’abafana, Casemiro yabonye 51% by’amajwi, arusha kure abamukurikiye, barimo Hugo Ekitike wa Liverpool wagize 17%, Dominic Solanke (10%), Noni Madueke (8%), João Pedro (7%), Xavi Simons (3%), mu gihe Habib Diarra na Caoimhín Kelleher bagize 2% buri umwe.

Iki gihembo kije gikomeza umusaruro mwiza wa Manchester United muri iyi minsi, kuko ari icyumweru cya kane gikurikirana umukinnyi wayo wegukanye iki gihembo, nyuma ya Patrick Dorgu, Bruno Fernandes na Benjamin Šeško. Muri rusange, ni inshuro ya cyenda umukinnyi wa Man United yegukanye igihembo cy’Umukinnyi mwiza w’Icyumweru muri sezo(season) ya 2025/26.

Ibi byose bigaragaza ko Casemiro akomeje kuba inkingi ya mwamba mu kibuga hagati, kandi ko Manchester United iri mu bihe byiza by’umusaruro n’icyizere mu mikino ya Premier League.

Umwanditsi: NIYOMUKIZA Gratien