Carlo Ancelotti utoza Real Madrid ni umwe mu batoza bubashywe cyane mu mateka ya ruhago, kuko yabashije gutwara ibikombe 21 aho yagiye anyura mu makipe atandukanye.
Ikinyamakuru cyandikira mu Butariyani cyitwa Corriere dello Sport, gitangaza ko ibyangombwa by'ubutoza bya Carlo Ancelotti byarangije igihe tariki 31 Ukuboza 2021.
UEFA yoherereje ibaruwa Carlo Ancelotti imubwira ko agomba kubanza guhabwa ikizamini ubundi ibyangombwa bye bikaba byakongererwa igihe agakomeza gutoza.
Mu gihe ibyangombwa by'uyu mutoza bitarongererwa igihe ntabwo yemerewe gukomeza gutoza ikipe ya Real Madrid ndetse n'ahandi yajya.
Ibi bishobora kuba ikibazo ku ikipe ya Real Madrid n'ubwo ariyo ikomeje kuyobora urutonde rw'agateganyo rwa shampiyona ya La liga. Real Madrid irarusha amanota ane FC Sevilla iri ku mwanya wa kabiri.
Real Madrid kandi irarusha Atletico Madrid amanota 14 dore ko ariyo yari yatwaye igikombe cya shampiyona iheruka.
Ndetse Real Madrid irarusha mukeba wayo FC Barcelona amanota 15 dore ko yicaye ku mwanya wa gatanu. Real Madrid izagaruka mu kibuga tariki 03 Gashyantare 2022, aho izakina na Athletic Club muri Copa del Rey.
Ibyangombwa bya Carlo Ancelotti byarangije igihe(Image:Football Espana)
Carlo Ancelotti yatwaye ibikombe byinshi(Net-photo)
