Ibiro Ntaramakuru by'Abarusiya Tass biri gutangaza ko Perezida w'u Vladimir Putin ko yasuye ibirindiro bikuru by'Ingabo bitegura ibitero bidasanzwe bya gisirikare muri Ukraine biherereye mu mugi wa Rostov-on-Don kuri uyu wa Gatanu tariki ya 10 Ugushyingo 2023.
Umuvugizi wa Kremlin Dmitry Peskov akaba nawe yemeje aya makuru y'urugendo rw'Umukuru w'Igihugu mu Majyepfo y'Uburusiya, aho yemeje ko yageze yo akubutse Astana muri Kazakhstan aho yari ejo ku wa Kane tariki ya 09 Ugushyingo 2023.

Perezida Vladimir Putin yasuye ingabo muri Rostov-on-Don ku birindiro bikuru
Muri uru ruzinduko rwe rwatunguranye, akaba yahuye n'abarimo Minisitiri y'Ingabo Gen.Sergey Shoigu, ndetse n'Umugaba w'Ingabo ziri muri Ukraine General Valery Gerasimov, hamwe n'abandi basirikare bakuru bayoboye ingabo muri Ukraine.
Perezida Putin, akaba yeretswe ibikoresho bishya bya gisirikare byitegura kwinjizwa mu rugamba rwo kwivuna Ukraine, aho bamweretse imodoka karahabuta zikorwa n'Abashinwa za Desertcross 1000-3 UTVs, aho amakuru avuga ko izisaga 537 ziteguye kujya mu rugamba.

Perezida Putin yeretswe ibikoresho bya gisirikare birimo Desertcross 1000-3 UTVs
Iyi ikaba ari inshuro ya Kabiri Perezida Putin asuye aka gace ka Rostov-on-Don, dore ko yaherukaga yo mu mpera z'Ukwakira 2023.
Twabibutsa ko uyu mugi ari na wo abarwanyi ba Wagner Group bari batangirijemo kwigumura ku ngabo z'u Burusiya muri Kamena 2023, ibyakurikiwe n'urupfu rw'umuyobozi w'uyu mutwe bwana Yevgeny Prigozhin.

Perezida Vladimir Putin ari ma Majyepfo y'u Burusiya aho yasuye ingabo
