AFC/M23 yashyize umucyo ku rupfu rwa Lt. Col Willy Ngoma

AFC/M23 yashyize umucyo ku rupfu rwa Lt. Col Willy Ngoma

 Feb 28, 2026 - 22:30

Umutwe wa AFC/M23 wemeje amakuru amaze iminsi akwirakwira ku mbuga nkoranyambaga y'urupfu rwa Lt. Col Willy Ngoma wari umuvugizi wawo.

Mu itangazo bashyize hanze ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, umutwe wa AFC/M23 wemeje ko Lt. Col Will Ngoma yitabye Imana mu rukerera rwo ku wa Kabiri tariki 24 Gashyantare 2024.

Lt. Col Willy Ngoma yitabye Imana arashwe na Drone z'Ihuriro ry'Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zabagabyeho igitero.

Bavuze ko uretse Lt. Col Willy Ngoma waguye muri iki gitero, izi Drone zarashe n'abandi basivile bahasiga ubuzima, bashimangira ko Congo yarenze ku masezerano y'amahoro bagiranye.

Kuva mu gitondo cyo ku wa Kabiri tariki 24 Gahyantare 2026, nibwo byatangiye kuvugwa ko Lt. Col Willy Ngoma yitabye Imana, gusa kuva icyo gihe aya makuru yari ataremezwa n'uyu mutwe.

Ingabo za Congo nizo ziherutse kwandika ubutumwa kuri X bigamba kumwivugana, gusa nyuma baje guhita babusiba, ibintu byakomeje guteza urujijo mu bantu bibaza ukuri kwabyo.

AFC/M23 yemeje urupfu rwa Lt.Col Willy Ngoma wari umuvugizi wayo

Lt. Col Willy Ngoma yitabye Imana aguye mu gitero cya drone z'Ihuriro ry'Ingabo za Congo