Uyu munyezamu w’imyaka 26 y’amavuko aherutse guhagarikwa amezi atatu n’ikipe akinira muri shampiyona ya Tanzania, Singida Black Stars SC, nyuma yo gukekwaho kugura umukino muri CAF Confederation Cup ndetse n’umukino wa shampiyona y’imbere mu gihugu.
Obasogie yavuze ko ibitego yinjijwe muri iyo mikino byatewe n’amakosa asanzwe aba mu mupira w’amaguru, ashimangira ko nta gikorwa na kimwe yakoze agamije kugambanira ikipe ye.
Uyu munyezamu wahoze akinira Bendel Insurance ategerejwe kwitaba komite ishinzwe imyitwarire n’imyanzuro, aho azahabwa umwanya wo kwisobanura no kugaragaza ibimenyetso bishobora kumurenganura.
Iki kibazo kije mu gihe ibirego bya match-fixing bikomeje gufatwa nk’ikibazo gikomeye mu mupira w’amaguru, cyane cyane mu marushanwa akomeye ku mugabane wa Afurika.
Amas Obasogie ashobora guhagarikwa burundu

Umwanditsi: NIYOMUKIZA Gratien
