Ni umuhango wabaye ku munsi w'ejo ku wa Gatanu tariki 28 Gashyantare 2026, ubera i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Ni icyemezo bafashe nyuma y'imyaka 20 bafitanye umubano udasanzwe, aho abantu batahwemye kujya bavuga ko bari mu munyenga w'urukundo.
Koffi Olomide na Cindy bamenyanye mu 2007, ubwo Olomide yamuzanaga muri Band ye yitwa 'Quartier Latin International', batangira gukorana gutyo mu buryo bw'ubuhanzi.
Mu 2008 nibwo byatangiye kuvugwa ko bafitanye umubano wihariye ndetse ukaba warakomeje gufata intera, gusa mu 2022 nibwo byemejwe ko bakundana.
Mu mwaka wa 1989 Koffi yarushinze na Marianne Makosso, batandukana mu 1992 bafitanye abana babiri.
Nyuma yo gutandukana yahise ashyingiranwa na Stephanie Godee nawe baza gutandukana nyuma yo kubyarana.
Mu 1994, Koffi yaje gushakana n'umunyamidelikazi w'Umufaransa witwa Aliane nawe baza gutandukana mu buryo bw'amategeko mu 2022 babyaranye abana batatu.


