Amakuru y'itwita rya Shakira akomeje guca ibintu

Amakuru y'itwita rya Shakira akomeje guca ibintu

 Jun 28, 2023 - 08:31

Benshi bacitse ururondogoro nyuma yuko hari amakuru yasohotse avuga ko umuhanzikazi Shakira, ashobora kuba atwite inda ya gatatu.

Mhoni Vidente yongeye gushyira hanze amakuru ku buzima bwa Shakira. Uyu mugore w’icyamamare ku mbuga zirimo na YouTube, yaciye amarenga ko ahazaza atari heza kuri Shakira. Ati: “Azaregwa kubera ko yashyize ahagaragara abana be.

Shakira ashobora kuregwa na Gerard Piqué mu minsi iri imbere

Hari urubanza rugiye kuza, rubi cyane kuruta izindi zose. Pique, se w'abana be, hamwe ndetse n’umuryango we,  bazarega Shakira bamushinja kumwambura abana, kuko bavuga ko ashaka gutangira ibitaramo, bityo ko atababonera umwanya uhagije nka nyina.”

Kandi vuba aha, uyu munyamakuru ukomoka muri Cuba, yavuze ko Shakira ashobora kuzibaruka umwana we wa gatatu bitari kera. Amakuru yabaye nk'igisasu ku mbuga nkoranyambaga ndetse no mu bafana b’uyu muhanzikazi ukomoka mu gace ka Barranquilla, umaze iminsi  avugwa mu rukundo na Lewis Hamilton.

Hari amakuru avuga ko Shakira yifuza umwana w'umukobwa 

Kuri iyi ngingo yagize ati: “Umuntu ugiye kuba umubyeyi muri uyu mwaka ni Shakira. Se w’uwo mwana ni umuntu uzwi cyane muri  siporo cyangwa umuntu bari mu rukundo.” Amakuru akomeza avuga  ko Shakira arimo gushaka  kubyara umwana w’umukobwa.

Biravugwa kandi ko bishoboka ko Tom Brady wahoze akina American Football nk'uwabigize umwuga, ari undi mukinnyi Shakira ashobora kuba akundana na we, nubwo kuri ubu ibintu byose bisa nkaho byerekeza ku isano iri hagati y’uyu muririmbyi wo muri Colombia, na Lewis Hamilton.