Zari Hassan yasubije abavuga ko yageretse abana kuri Diamond

Zari Hassan yasubije abavuga ko yageretse abana kuri Diamond

 Aug 12, 2025 - 11:36

Nyuma y'uko mu minsi ishize Diamond Platnumz yatangaje ko abizi neza ko hari abana yitirirwa ko ari abe kandi atari abe ariko agahitamo kwicecekera akabarera bose kugira ngo adatongana na ba Nyina, Zari Hassan we yashimangiye ko Tiffah na Nillan bose ari abe, akomoza no ku byo Diamond yavuze byo gukoresha ibizamini by'uturemangingo ndangasano (DNA).

Mu kiganiro yagiranye n'umuyoboro wa YouTube witwa 'TAWFIQ MEDIA UG' yavuze ko iyo aza kuba abizi ko abana atari aba Diamond, yari kubashyira Se wa nyawe aho kugira ngo abamugerekeho.

Ati "Ntabwo yavugaga ku bana bange. Afite abandi bana, ariko abantu bahise bahanga amaso abange kuko bazwi cyane. Iyo bavuga ku bandi, ntabwo bari kubiha agaciro cyane, ariko abana bange ni aba Diamond. Nari kubajyana kwa Se iyo bizaba kuba bimeze uko."

Diamond yavuze ko kugira ngo amenye ko muri abo bana harimo abatari abe, yagiye gukoresha ibizamini by'utunyangingo ndangasano (DNA), gusa Zari Hassan we yavuze ko Diamond atigeze akoresha ibizamini ku bana babyaranye kuko yari abizi neza ko ari abe.

Nk'aho ibyo bidahagije, yakomeje avuga ko iyo aza kuba ashidikanya ko aba ari aba Diamond, ntabwo yari gukora ikosa ryo kubohereza muri Tanzania batajyanye kuko yari kuba afite ubwoba ko Diamond ashobora kujya gukoresha ibyo bizamini.

Ati "Iyo mba mfite gushidikanya, ntabwo nari kubashyira mu ndege ngo bagende (muri Tanzania) kubera ubwoba bw'uko bakora ibizamini ntahari. Ariko narabaretse baragenda ntacyo nikeka.