Umuyobozi wa La Liga  yavuze ibyatangaje benshi kuri Kylian Mbappe na Ansu Fati

Umuyobozi wa La Liga yavuze ibyatangaje benshi kuri Kylian Mbappe na Ansu Fati

 Nov 16, 2021 - 19:05

Umuyobozi wa La liga Javier Tebas yatangiye guhembera ubukeba hagati ya Ansu Fati na Kylian Mbappe.

Nyuma y'igenda rya Lionel Messi na Cristiano Ronaldo, shampiyona ya Espagne yitwa La Liga isa n'iyahungabanye.

Aba bagabo bari bamaze imyaka irenga icumi bahanganye muri El clasico umukino uhuza Real Madrid na FC Barcelona.

Cristiano Ronaldo niwe wabanje kuva muri Real Madrid mu 2018 yerekeza muri Juventus,naho Lionel Messi we yavuye muri FC Barcelona mu mpeshyi ishize yerekeza muri PSG yo mu Bufaransa.

Cristiano Ronaldo na Lionel Messi bahanganye muri La Liga(Image:AFP)

Umuyobozi wa La liga witwa Javier Tebas nyuma yo kubibona ari gushaka kubaka abandi bakeba bagomba gusimbura ihangana rya Lionel Messi na Cristiano Ronaldo muri iyo shampiyona.

Javier yatangaje ko rutahizamu wa FC Barcelona Ansu Fati ari umukinnyi mwiza kurenza rutahizamu wa PSG Kylian Mbappe byitezwe cyane ko agomba kujya muri Real Madrid.

Uyu muyobozi wa La liga rwose yavuze ashize amanga ko Ansu Fati watakira FC Barcelona aruta Kylian Mbappe wenda kumubera umukeba w'igihe kirekire muri La liga.

Muri iki cyumweru, Tebas yagize ati:"Dukunda guha agaciro cyane ibintu/abantu bari hanze ya Espagne."

"Dufite Ansu Fati, ku bw'amahirwe macye yagiye agira imvune ariko igihe yakinnye yagaragaje ko ari ku rwego rwa Kylian Mbappe cyangwa se anamurenze."

  Ansu Fati yahawe nimero 10 yari iya Messi (Image:Image:Mirror)

Nk'uko bitangazwa n'ikinyamakuru Diario AS, Tebas ntiyagereranyije imibare y'aba bombi dore ko bigaragara ko Mbappe ari hejuru ya Ansu Fati.

Ansu Fati yatsinze ibitego 17 mu mikino 51 yakiniye FC Barcelona mu marushanwa yose.Ku mukinnyi wakinnye umukino we wa mbere mu ikipe nkuru ku myaka 16.

Kylian Mbappe we mu mikino 97 yari amaze gutsinda ibitego 77 muri PSG. Ushyize ku mpuzandengo ubona igitego mu minota 98 mu gihe kuri Ansu Fati ari igitego mu minota 138.

Kylian Mbappe ukinira PSG (Image:Eurosport)

Mbappe kimwe na Ansu Fati, yatangiye imikino 27 mu mikino 51 yakiniye AS Monaco atsindamo ibitego 24 bivuzeko abona igitego byibuze buri minota 108 anatanga imipira 10 yavuyemo ibitego.

Gusa n'ubwo havugwa ibi byose Javier Tebas we ntabura kuvuga ko Ansu Fati abona ari hejuru.

Abanya-Espagne kimwe n'abandi bakunzi ba ruhago biteze ko Kylian Mbappe azasoza amasezerano ye mu mpeshyi itaha agahita yerekeza muri Real Madrid nta gihindutse.