Eto’o asobanukiwe ko guhindura ubuzima bw’umuntu bisaba kumwubakira ejo hazaza, atari ukumworohereza uyu munsi gusa.
Aho guha bene wabo cyangwa inshuti ze amafaranga yo gukoresha, Eto’o abanza kubabaza ikibazo cy’ingenzi kigira kiti:“Ni iki ushaka gukora mu buzima bwawe?” Iki kibazo kiba intangiriro yo kubafasha gutekereza ku ntego zabo n’icyerekezo cy’ubuzima.
Iyo umuntu amusubije ko ashaka gukora ubucuruzi, Eto’o ntamuha amafaranga yo gusesagura, ahubwo amufasha gutangiza uwo mushinga, akamushyigikira mu kubona ubumenyi, ibikoresho n’amahirwe akenewe.
Kuri we, inkunga zishingiye ku bumenyi n’uburyo bwo kwigira ziraramba kurusha amafaranga ashira vuba.
Samuel Eto’o yemera ko inkunga z’igihe gito zishira vuba, ariko ubumenyi, gutunga umutungo n’amahirwe bigira ingaruka z’igihe kirekire, bikagirira akamaro n’abo umuntu azabyara.
Guha umuntu amafaranga bishobora kumufasha uyu munsi, ariko kumuha inzira n’ubushobozi byo kwiteza imbere bihindura burundu ejo he hazaza.
Ibi bitekerezo bya Eto’o bigaragaza ubuyobozi bufite icyerekezo n’ubwenge, aho gufasha bifatwa nk’ishoramari mu bantu aho kuba impuhwe z’akanya gato.
Ni bwo buryo bwubaka umurage nyakuri, utari mu mitungo gusa, ahubwo no mu buzima bw’abantu bahindutse.
Mu gihe isi ikomeje gushaka ibisubizo by’iterambere rirambye, urugero rwa Samuel Eto’o rwerekana ko kwereka abantu inzira y’intsinzi biruta kubaha inkunga y’igihe gito.
Ni isomo rikomeye ku bayobozi n’abafite ubushobozi bwo gufasha abandi ubufasha bufite icyerekezo ni bwo buhindura ubuzima.
