Kuva Sergio Ramos yajya mu ikipe ya PSG ava mu ikipe ya Real Madrid mu ntangiro z'uyu mwaka, uyu mugabo yakinnye imikino itanu yonyine.
Ni nyuma y'uko kandi Sergio Ramos atahamagawe mu ikipe y'igihugu ya Espagne kubera ko n'ubundi yari afite ibibazo by'imvune ubwo yari akiri muri Real Madrid.
Uyu mugabo w'imyaka 35 afite ikibazo cy'imikaya byatumye adakinira PSG nk'uko byari byitezwe. Ramos kandi yakinnye imikino 15 gusa ya La liga mu mwaka ushize wose bitewe n'imvune.
Sergio Ramos amaze gukina imikino irenga 900 mu makipe atandukanye yanyuzemo nka FC Sevilla, Real Madrid, PSG n'ikipe y'igihugu ya Espagne.
Inkuru itangazwa n'ikinyamakuru Le Parisien cyandikira mu Bufaransa, iravuga ko uyu mugabo yaba yaratangiye gutekereza ko yamanika inkweto kubera uburyo akomeje kwibasirwa n'imvune kandi ari kugana mu myaka ikuze.
Sergio Ramos ni umwe mu bakinnyi bakomeye ku isi dore ko yatwaye ibikombe bikomeye birimo La liga eshanu, Champions league enye, ibikombe bibiri bya Euros, igikombe cy'isi ndetse n'ibindi.
Gusa n'ubwo havugwa ibi byose, Sergio Ramos afite amasezerano azarangira mu mwaka utaha wa 2023. Ramos ni umwe mu bakinnyi PSG yari yasinyishije muri uyu mwaka w'imikino dore ko yahahuriye na Lionel Messi bahanganye igihe kinini muri Espagne ari abakeba.
Sergio Ramos akomeje kwibasirwa n'imvune(Image:Marca)
Ramos afite amasezerano muri PSG azarangira mu 2023(Image:The mirror)
