Nk’uko bitangazwa n’inzego za Leta ya Misiri, Sobhi yashinjwe gukoresha undi muntu mu mwanya we kugira ngo amukorere ikizamini, icyaha cyamaze gutangira gukorwaho iperereza ryimbitse. Uyu mukinnyi yari amaze igihe akurikiranyweho ibi byaha, gusa ubu hakozwe igikorwa cyo kumufata kugira ngo hakomeze iperereza ryimbitse.
Ramadan Sobhi, kuri ubu ukinira ikipe ya Pyramids FC, yamenyekanye cyane mu mupira w’amaguru wa Misiri ndetse no hanze y’icyo gihugu. Yigeze gukinira amakipe atandukanye yo mu Bwongereza arimo Stoke City na Huddersfield Town, ndetse yanagize uruhare runini mu ikipe y’igihugu ya Misiri.
Nubwo hari byinshi bitarashyirwa ahabona ku by’aya makosa aregwa, inzego z’ubutabera zatangaje ko iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane ukuri kwihariye ku byaha bikekwa kuri uyu mukinnyi.
Ramadan Sobhi yatawe muri yombi azira ibyaha by'uburiganya
Ramadan Sobhi yamenyekanye cyane muri Stoke City yo mu Bwongereza
