Biravugwa ko Rayon Sports iri mu biganiro na rutahizamu witwa Obed Mayamba w'imyaka 28 ukomoka muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.
Inkuru dukesha Inyarwanda ivuga ko uyu rutahizamu ukinira ikipe ya AS Vita Club yo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, ashaka kuva muri iyo kipe kuko adakunze kubona umwanya muri iyi kipe ariyo mpamvu ashaka kuyivamo.
Rayon Sports igiye gusinyisha Obed Mayamba Mukokiani nyuma y’uko idashoboye kumvikana na Lompala Bokamba na we ukomoka muri DRCongo ndetse AS Kigali ikaba iherutse kubapapura rutahizamu w’umunya-Cameroun Man Yakre bari bizeye gusinyisha.
Ubwo yerekwaga abafana ba Rayon Sports nk’umutoza mushya, Haringingo Francis yatangaje ko hari abakinnyi batatu b'avanyamahanga bari kuganira, yemeza ko uwo bazahuza bakumvikana ariwe bazasinyisha.
Obed Mayamba ari mu biganiro na Rayon Sports(Net-photo)
