Umuraperi w’Umunyamerika, Joseph Edgar Foreman, uzwi cyane ku izina rya Afroman, yatangaje ku mugararagaro ko aziyamamaza ku mwanya wa perezida wa Amerika, mu 2024.
Afroman yatangaje ko aziyamamariza kuyobora Amerika mu mwaka utaha [Getty Images]
Yatanze impapuro zikenewe zisabwa kugira ngo umuntu yiyamamaze, muri komisiyo ishinzwe amatora. Nkuko tubikesha ikinyamakuru TMZ, komite ye izamufasha yiswe “Joseph Afroman Foreman for President,” kandi azaba yiyamamaza nk'umukandida wigenga.
Afroman yatanze impapuro ze ku ya 18 Mata, nyuma y’amezi abiri atangaje ko aziyamamaza ku mwanya wa perezida mu 2024 imbonankubone, ubwo yari mu gitaramo.
Ukwezi gushize, mu kiganiro na Smoothvega, uyu muraperi wamenyekanye mu ndirimbo "Because I Got High", yerekanye impamvu yiyamamariza kuba perezida. Yaragize ati: “Gukoresha uburenganzira bwanjye nk’Umunyamerika. Urabizi ko aricyo kintu cyiza kuri iki gihugu. Ndatekereza ko nshobora kwemera urumogi muri leta zose uko ari 50, kandi nkazana ivugurura ryukuri muri polisi. Ntekereza ko nshobora gufasha ubuzima bwo mu mutwe bw’iki gihugu.”
Afroman yijeje abaturage ba Amerika ko nibamugirira ikizere urumogi ruzaba igicuruzwa kemewe[Getty Images]
Bizaba bishimishije kubona undi muntu wo mu muryango wa Hip-Hop muri Amerika uzatanga impapuro zerekana kandidatire ahatanira kwicara muri White House umwaka utaha. Kanye West ashobora kwiyamamaza cyangwa ntiyiyamamaze. Ntibiramenyekana neza! Icyakora, niba amakuru avugwa ari yo, ahugiye ku muryango we mushya ndetse n’ishuri rye rya Donda Academy kandi ntagishishikajwe no kuba perezida w’Amerika.
