Lionel Messi amaze gutsindira PSG ibitego bibiri byonyine mu mikino ya shampiyona kuva yava muri FC Barcelona mu mpeshyi ishize.
Bigaragara ko uyu munya-Argentina atahiriwe n'iyi kipe dore ko mu kwezi gushize byanavuzwe ko ashobora no gusubira muri FC Barcelona yagezemo akiri muto.
Nyuma yo gukira Covid-19, Lionel Messi yatsinze igitego mu mukino PSG iherutse gutsindamo ikipe ya Lille ibitego 5-1, ndetse bikaba bigaragara ko ari kwitegura neza imikino bafite imbere harimo n'umukino bafitanye na Real Madrid muri champions league.
Gusa Kylian Mbappe bakinana we atekereza ko Messi yaba ari gukoreshwa mu buryo butari bwo kuko atekereza ko adakwiye kubyuzwa iburyo nk'uko ariho umutoza Mauricio Pochettino amukinisha.
Kylian Mbappe avuga ko abona Lionel Messi yakora ibirenze ari gukina nk'umwataka wo hagati(nimero 9), aho gukina aca iburyo.
Ubusanzwe aho( iburyo) niho Kylian Mbappe ari gukinishwa na Pochettino muri iyi minsi. Ariko byumvikana ko Mbappe yakwishima igihe Messi yaba anyura hagati, Mbappe akaba ariwe unyura ku ruhande.
Mbappe yagize ati:"Ngo byaba byiza kurushaho Messi ari hagati? Yego, ariko si ndi umutoza.
"Messi ni umukinnyi ukeneye kuba ari ku mupira, ngo yumve umukino kandi awisangemo neza.
"Ntekereza ko ari umwanya mwiza kuri we. Yaba abohotse, ashobora gutemberana umupira no kuwutanga.
"Nge, nakina ahantu hose. Natangiriye hagati, njya iburyo none ubu ndi ibumoso ariko ndacyumva mbohotse mu byo nkora mu kibuga."
Mbappe atekereza ko Messi yakina ari rutahizamu(Net-photo)
