Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu ikipe ya Kiyovu Sports yasinyishije abakinnyi babiri bakomoka muri Sudani y’epfo bakaba bagomba kuyifasha mu mwaka utaha w’imikino.
Aba basore babiri ni Sharif Shaboub ukina mu kibuga hagati wakiniye Simba SC muri 2019-20, ndetse na rutahizamu Mano John buri umwe akaba basinye imyaka ibiri.
Aba basore basinyiye Kiyovu Sports kuri uyu wa Gatanu ariko bageze mu Rwanda ku munsi w'ejo ku wa kane.
Kiyovu Sports isinyishije aba bakinnyi mu gihe bivugwa ko umwaka utaha ishobora kuzaba idafite rutahizamu wayo wayifashije, umugande Emmanuel Okwi uzaba usoje amasezerano. Bivugwa ko Okwi atazongera amasezerano muri iyi kipe, ndetse byitezwe ko iyi kipe ishobora kugurisha umurundi Bigirimana Abedi usigaje umwaka umwe w’amasezerano.
Aba basore rero baba baje kuzasigariraho aba bashobora kugenda, dore ko iyi kipe ishaka gukomeza umushinga wo gushaka igikombe cya shampiyona.
Abakinnyi babiri Kiyovu Sports yasinyishije
