Birongeye birakomeye, FARDC na M23 babyutse bakozanyaho

Birongeye birakomeye, FARDC na M23 babyutse bakozanyaho

 Nov 5, 2023 - 14:50

Kuri iki Cyumweru urugamba rurongeye rurambikana mu burasirazuba bwa DR-Congo, aho muri Masisi ingabo za Leta FARDC ziri gutana mu mitwe na M23.

Mu mpera z'icyumweru cyashize, nibwo ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo FARDC ndetse n'indi mitwe bafatanya kurwanya M23 barimo barwanira muri Gurupoma ya Kibumba Teritwari ya Nyiragongo by'umwihariko aho byavugwaga ko umugi wa Goma wari hafi yo kuba isibaniro. 

Perezida wa M23 Bertrand Bisimwa, abyutse atangaza ko kuri uyu wa 05 Ugushyingo, ingabo za Leta ya DR-Congo FARDC ndetse n'indi mitwe irimo Wazalendo, FDLR, hamwe n'abacanshuro, babyutse bagaba ibitero bikomeye ku birindiro byabo. 

Bisimwa akaba yavuze ko izi ngabo za Leta zagabye ibitero mu bice bya Kitshanga na Bwiza muri Teritwari ya Masisi, kandi bakabikora batavangura, aho ngo bari no guhitana abasivire. Akaba ari ho yahereye avuga ko M23 yiteguye kurinda abaturage ku kiguzi cyose gishiboka.

Mu gihe imirwano yongeye kubura mu burasirazuba bwa DR-Congo, iki gihugu cyari giherutse gusaba Umuryango w'Ubukungu muri Afurika y'Amajyepfo SADC kuboherereza ingabo zikajya gucunga umutekano mbere yuko amatora y'Umukuru w'Igihugu ategerejwe aba.