FARDC yongeye gutitiza M23 mu myiyerekano y'intwaro nshya

FARDC yongeye gutitiza M23 mu myiyerekano y'intwaro nshya

 Mar 23, 2023 - 06:19

Igisirikare cya DR-Congo FARDC cyakoze imyiyerekano ihambaye y'akoreshejwemo indege n'amato mu rwego rwo guhangana na M23 yafashe ibindi bice.

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo FARDC cyakoze imyiyerekano y'intwaro zihambaye zo mu kirere no mu mazi kigiye kwifashisha mu rwego rwo guhashya umutwe wa M23.

Nk'uko tubikesha imboni z'ibinyamakuru byo muri DRC, byatangaje ko iyi myiyerekano yarimo indege zo mu bwoko bwa Kajugujugu ndetse n’amato atandukanye y'abasirikare barwanira mu mazi.

Ku bw'ibyo kandi FARDC ikaba yagaragaje ibyo ibikoresho inakora imyiyerekano ihambaye, mu buryo bwo kugaragaza ko bagiye kurimbura burundu inyeshyamba za M23 k’ubutaka bw'iki gihugu.

Igishimangira ibi, ni uko umuyobozi w’intara ya Kivu y’amajyaruguru Lt Gen Costa Ndima yabifurije akazi keza mucyo yise kurinda umutekano w’abaturage.

M23 yongeye gutsimbura FARDC

Nubwo FARDC yamuritse ibikoresho bishya ku rugamba, ariko n'ubundi ku wa 22 Werurwe, igitero bagabye kuri M23 nticyabahiriye.

Amakuru aturuka muri Congo avuga ko iyi mirwano yabereye mu bice bya Rugari, Buhumba na Kibumba, aho imirwano ikaba yari yatangiye mu masaha y'ijoro.

M23 yafashe ibice bya Rugari, Buhumba na Kibumba ku wa 22 Werurwe 2023.

Ikindi kandi, amakuru aravuga ko M23 yahise ifata utu duce ndetse ingabo za FARDC zikaba zahise zihunga.

Biri gutanganzwa ko zaba zahungiye mu gace ka Rukoko gaherereye muri Teritwari ya Nyiragongo ndetse bakanakomereza mu mujyi wa Goma.

Intambara ishyamiranyije ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo FARDC n'umutwe wa M23 ikaba ikomeje kugorana cyane.

Magingo aya, Leta ya Congo ikaba idashaka amasezerano y'amahoro. Ni mu gihe M23 nayo ikomeje kubibasunikiramo.