Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Nyakanga 2021, yayoboye inama y’Abaminisitiri yafatiwemo imyanzuro itandukanye, by’umwihariko ingamba zigamije gukumira ubwiyongere bw’icyorezo cya COVID-19. Iyo nama yashyize Umujyi wa Kigali n’utundi turere 8 muri gahunda ya Guma mu Rugo guhera tariki 17 Nyakanga 2021. Gicumbi, Burera, Kamonyi, Musanze, Nyagatare, Rubavu, Rwamagana na Rutsiro ndetse n’umujyi wa Kigali byashyizwe muri Guma mu Rugo, izatangira Tariki 17 Nyakanga igeze 26 Nyakanga 2021.
Ingamba zaraye zigiyeho zirakaze ariko zigamije kurinda abaturage gupfa ari benshi