Mu magambo ye, Ronaldo yavuze ko atabona gutwara Igikombe cy’Isi nk’inzozi cyangwa ikintu cyamuhindurira amateka ye nk’umukinnyi w’ibihe byose.
Yagize ati:“Uramutse umbajije niba gutwara Igikombe cy’Isi ari inzozi… si inzozi.Gutwara irushanwa rimwe rifite imikino itandatu cyangwa irindwi gusa ntibishobora gushingirwaho ngo bimfashe kugaragara nk’umwe mu bakinnyi beza mu mateka.”
Ronaldo yakomeje abaza niba guha agaciro karenze igikombe kimwe ari ibintu by’ukuri cyangwa by’ubutabera, agaragaza ko we ashingira ku bikorwa bye by’imyaka myinshi mu mupira w’amaguru aho ahamya ko ibyo yakoze bihagije mu kumugira umwe mu bakinnyi bakomeye kurusha abandi bose.
Igikombe cy’Isi cya 2026 gishobora kuba ari cyo cya nyuma kuri Ronaldo, ariko amagambo ye agaragaza ko ahanini yishimira ibyo amaze kugeraho kurusha kwiruka inyuma y’amateka y’inyongera.
Ni mu gihe benshi bahamya ko mukeba we Lionel Messi amurenze bashingiye ku kuba yarafashije ikipe y'igihugu ya Argentina kwegukana igikombe cy'Isi.
Cristiano Ronaldo yaciye amarenga ko adashishikajwe n'igikombe cy'isi
Amagambo ya Cristiano Ronaldo ntabwo yavuzweho rumwe
