AFCON:Equatorial Guinea yahawe amamiriyoni akavagari nyuma yo guhangamura Algeria

AFCON:Equatorial Guinea yahawe amamiriyoni akavagari nyuma yo guhangamura Algeria

 Jan 17, 2022 - 07:03

Umuhungu wa Prezida wa Equatorial Guinea yahaye ikipe y'igihugu miriyoni 350 Rwf nyuma yo gutsinda Algeria.

Kuri iki cyumweru imikino y'igikombe cya Afurika yakomezaga ahabaye imikino igera kuri ine ariko umukino wo mu itsinda rya E wahuje Equatorial Guinea na Algeria niwo watunguye abakunzi ba ruhago yo muri Afurika.

Ikipe ya Algeria niyo yatwaye igikombe cya Afurika giheruka ndetse yinjiye muri uyu mukino imaze imikino 35 harabuze ikipe iyihangamura ngo ibashe kuyitsinda dore ko izagerageje gushimaho zagiye zikubitwa cyangwa bakanganya.

Gusa ikipe ya Equatorial Guinea yo ntiyabyitayeho kuko umukino warangiye Algeria itsinzwe igitego kimwe ku busa cyatsinzwe na Esteban Obiang usanzwe akinira UD Ibiza, yagitsinze ku munota wa 70' ku mupira yari ahawe na Josete Miranda.

Iyi ntsinzi yashimishije abanyagihugu bose ndetse bituma Perezida wungirije akaba n'umuhungu wa Perezida wa Equatorial Guinea, Teodoro Nguema Obiang yemerera ikipe y’igihugu akayabo ka miliyoni 350 z'amanyarwanda nyuma yo gutsinda Algeria igitego kimwe ku busa.

Ikipe y'igihugu ya Algeria yaherukaga gutsindwa ubwo yatsindwaga na Benin mu 2018 ikaba yari imaze imikino 35 idatsindwa.  Haburaga imikino 2 ngo Algeria inganye n'Ubutariyani bufite agahigo ko kumara imikino 37 idatsinzwe.

Ndetse iyi Algeria ifite amahirwe menshi yo gusezererwa mu matsinda kuko ubu yicaye ku mwanya wa nyuma n'inota rimwe kandi umukino wa nyuma izakina na Ivory Coast.

Equatorial Guinea yahagaritse Algeria yananiranye(Net-photo)

Umuhungu wa Perezida yemereye ikipe y'igihugu akayabo(Net-photo)