Umwe mu bagize uruhare mu iyicwa rya George Floyd yarekuwe

Umwe mu bagize uruhare mu iyicwa rya George Floyd yarekuwe

 Aug 21, 2024 - 10:12

Uwahoze ari umupolisi Thomas Lane yafunguwe nyuma yo kumara imyaka ibiri n'igice muri gereza azira kugira uruhare mu iyicwa rya George Floyd mu 2020.

Umwe mu bahoze ari abapolisi ba Minneapolis wahamwe n'icyaha cyo kugira uruhare mu iyicwa rya GeorgeFloyd, Tomas Lane yafunguwe.

Tomas yahamijwe icyaha mu 2022 kubera guhonyora uburenganzira bwa muntu, iki cyaha cyakozwe na mugenzi we Derik Chauvin ubwo yicaga Floyd ku ya 25 Gicurasi2020 , maze uyu Thomas Lane azagufungwa azira ubufatanyacyaha.

Thomas Lane yakatiwe igifungo cy’imyaka 2.5 muri gereza azira ubufatanyacyaha.

Ni mu gihe mugenzi we witwa Derik Chauvin wahamwe n'icyaha cyo kwica George Floyd yimiriwe mu y'indi gereza nyuma yo guterwa ibyuma inshuro zigera kuri 22 n'itsinda ry'amabandi muri gereza.