Rurageretse hagati ya Joan Laporta  na Lionel Messi

Rurageretse hagati ya Joan Laporta na Lionel Messi

 Feb 23, 2026 - 17:58

Perezida wa Barcelona, Joan Laporta yatangaje ko umubano we na Lionel Messi utakiri nk’uko wahoze nyuma y’uko uyu mukinnyi yanze kumusuhuza mu muhango wa Ballon d’Or.

Laporta yavuze ko uburyo Messi yavuye muri Barcelona mu mwaka wa 2021 bwagize ingaruka mbi zikomeye ku mubano wabo, ashimangira ko bishobora kutazongera kuba nk’uko byahoze.

Laporta yabwiye Catalunya Radio ko yahuye na Messi bwa mbere nyuma yo kuva muri Barcelona mu muhango wa Ballon d’Or mu 2023, ariko agerageje kumusuhuza Messi arabyanga.

Yagize ati:“Umubano wanjye na Messi si nk’uko wahoze. Hari n’aho twahuriye mu muhango wa Ballon d’Or ngiye kumusuhuza, yumva ko tutagomba gusuhuzanya. Kuva icyo gihe hari intambwe nkeya twateye twegerana, kandi nizeye ko bizakomeza.”

Yongeyeho ko nubwo umubano wabo ukiri mubi, Messi azahora ari igihangange cya Barcelona.

Mu mpeshyi ya 2021, Messi yari hafi kongera gusinyira Barcelona amasezerano mashya, ariko byarangiye bidashobotse kubera ibibazo bikomeye by’amafaranga byari byugarije iyi kipe.

Nyuma yo kuva muri Barça, Messi yerekeje muri Paris Saint-Germain mbere yo kwerekeza muri Inter Miami muri shampiyona ya Major League Soccer muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Nyuma y’imyaka ibiri, Messi yifuje kugaruka muri Barcelona nyuma yo kuganira n’ubuyobozi bw’iyi kipe, ariko ntibyakunda, ahitamo kwerekeza muri Inter Miami.

Nubwo hari icyuho mu mubano wabo, Laporta yongeye gushimangira ko Messi azahora ari umunyabigwi ukomeye wa Barcelona kandi ko yizera ko ejo hazaza hashobora kuzaba heza kurushaho.

Umwanditsi: NIYOMUKIZA Gratien