Imirwano yo kuri uyu wa 18 Werurwe 2024, biravugwa ko yatangiye mu gitondo cya kare abarwanyi ba Wazalendo bashyigikiwe na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bacakirana n'abarwanyi ba M23 mu gace ka Ndumba gateganye na Sake n'indi misozi bihana imbibi.
Uruhande rwa Leta rwatangaje ko M23 ari yo yatangije ibitero mu rukerera igamije kwiruka abarwanyi ba Wazalendo muri ako gace, ariko bakigamba ko babashije kubasubiza inyuma. Nyamara, abegereye M23 baravuga ko Ingabo za Leta ari zo zatangije ibitero ku mihanda ya Sake-Goma na Minova-Sake.
Agasozi ka Ndumba gakomeje kuberaho imirwano kuri ubu, biremezwa ko ari ingenzi kuko uwaba akagenzura, yaba afite mu biganza bye akandi gace ka Shasha, ku muhanda Goma-Minova. Kuri ubu, amezi agiye kuba abiri Sake yarabaye isibaniro ry'urugamba aho M23 ishaka gufata uyu mugi ariko byaranze.
Imirwano ya none i Sake, ije ikurikira indi yabaye ku wa Gatandatu, aho byari ibicika mu gitondo cyo kuri uwo munsi. Byageze mu masaha ya saa sita, M23 biciye mu muvugizi wayo Lawrence Kanyuka batangaza ko birukanye Ingabo za Leta bakazambura n'intwaro zinyuranye.
